Quantcast
Channel: Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity » illness
Viewing all 29 articles
Browse latest View live

Ruhango: Arasaba ubufasha bwo kwivuza indwara atazi

$
0
0

Ntihuga Thade w’imyaka 37 ya mavuko, utuye mudugudu Rusororo, akagari ka Kirengeri umurenge wa Byimana, akarere ka Ruhango, aravuga ko agiye kumarana indwara imyaka 30 atazi iyo ariyo, agasaba umugiraneza wa mufasha akabasha kwivuza koko we ntayabuze amikoro.

6a

Ntihuga avuga ko iyi ndwara yamufashe afite imyaka 7 y’amavuko aribwo agitangira kwiga amashuri abanza. Iyi ndwara ngo yabanye nayo kugeza mu mwaka 207, ajya kwivuriza ku bitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, baramubaga ariko ngo nyuma y’amezi atandatu yarongeye ararwara harabyimba.

6b

Avuga ko iyi ndwara yo kubyimba munsi y’ugutwi, ijya igera igihe ikamubabaza cyane ntagire n’umurimo numwe abasha gukora, imisonga ari yose.

Akomeza avuga afite ubwisungane mu kwivuza, ariko ngo aho agiye bamubwira ko iyi ndwara ye itakwivurizwa kuri mitiweli, none ngo yahisemo kurekera kuko nta bundi bushobozi yabona burenze ubwa mitiweli.

Kigali Today yabajije uyu muturage niba atarigeze yegera ubuyobozi ngo abusabe ubufasha bwo kwivuza nk’umuntu utishoboye, asubiza agira ati “ntawe nabibwiye, ubuse naba mbabwira iki utandeba ninde?”.

Ntihuga utari washaka umugore akaba nta n’umwana agira, arasaba uwe ariwe wese waba afite umutima ufasha, ko yamufasha akabasha kwivuza iyi ndwara yamufashe akiri umwana.


Rusizi: Malariya yariyongereye mu kibaya cya bugarama kubera ibiheri

$
0
0

Rusizi: Malariya yariyongereye mu kibaya cya bugarama kubera ibiheri

Mu gihe u Rwanda rwifuza kurandura indwara ya Marariya yakunze kwibasira abaturage benshi, abo mu mirenge ya Bugarama , Muganza , Gihundamvura nyakabuye na Gitambi baturiye ikibaya cya Bugarama baravuga ko bakomeje kwibasirwa n’iyo ndwara kubera ko badaheruka inzitiramibu nka kimwe mu bikoresho by’ingezi byifashishwa mu ku rwanya Marariya.

Abaturage barimo Habimana Andre  ku wa 09/07/2015, bavugaga ko ibiheri aribyo nyirabayazana mu kwiyongera kwa Malariya, aho ngo hafi ya bose batagikoresha inzitira mibu kuko ngo zikurura ibisimba byitwa Ibiheri bibatera mu buriri bikarara bibarya ntibatore agatotsi.

Ubusanzwe ikibaya cya Bugarama kirangwa n’ubushyuhe bwinshi aho bavuga ko kwitwikira inzitiramibu bituma ubushyuhe bwiyongera kandi ngo ibiheri bikaba bikunda ahantu hashyuha ari nayo mpamvu bavuga ko iyo bashyize inzitiramibu kubitanda ibiheri bikurikirana ubushyuhe bikaba byinshi mu gitanda ari nabyo bituma batagikoresha inzitiramibu.

Rusizi: Malariya yariyongereye mu kibaya cya bugarama kubera ibiheri

Gaju Grace nawe ni umwe mubaturage bo muri iki kibaya mu murenge wa Bugarama avuga ko impamvu bahamya ko ibiheri bikunda ahantu hashyushye kuko ngo muyindi mirenge idaturiye icyo kibaya, ngo bavuga ko batazi n’ako gasimba kitwa igiheri usibye kumva bavuga ko karya abantu.

Kuba rero abo baturage batagikoresha inzitiramibu kandi icyo kibaya kibaka kibamo imibu myinshi ngo bituma buri gihe bahora bajya kwivuza marariya aho ngo ubu iri kugenda yiyongera.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Muganza umwe mu mirenge ituriye ikibaya cya Bugarama, Mukamana Esperence avuga ko icyo kibazo cy’ubwiyongere bwa Marariya kimaze amezi 2 kizwi ariko ngo kibaba giterwa n’impamvu zitandukanye zirimo imyumvire y’abaturage ikiri hasi aho bavuga ko inzitiramibu zakabarinze zikurura ibiheri nyamara kandi ntaho bihuriye.

Mukamana akomeza kuvuga ko bari gukangurira abaturage kurwanya umwanda bagira isuku kuko ibiheri bikururwa n’umwanda hanyuma bakitabira kuryama mu nzitiramibu.

umuyobozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Rusizi Gatera Egide avuga ko mu rwego rwo kuzamura ibipimo by’ubuzima ndetse no guhindura imyumvire y’abaturage bahuje abajyanama b’ubuzima n’abayobozi b’imidugudu ndetse n’utugari bo muri icyo kibaya kugirango harwanywe izo ndwara zibasira abatuye ikibaya cya Bugarama.

Abajyanama b’ubuzima bavuga ko ngo bagiye guhagurukira kurwanya indwara nk’izo zibibasira harimo izikururwa n’umwanda ndetse n’imyumvire ya bamwe mu baturage ikiri hasi aho nabo bahamya ko ibiheri biterwa n’umwanda

Bamwe mu baturage ngo bari basigaye bafata ibiheri nk’indwara y’icyorezo dore ko ngo bisigaye bibarya kugeza aho bajya kubyivuza kwa muganga.

Rusizi: ibura ry’amazi, ingaruka zo kurwara impiswi

$
0
0

Rusizi: ibura ry’amazi, ingaruka zo kurwara impiswi

Mu murenge wa Bugarama ho mu karere ka Rusizi bamwe mu bahatuye baravuga ko hashize igihe barabuze amazi meza bityo bakaba bakoresha amazi y’imigezi ya Ruhwa na Cyagara.

Icyo kibazo cyatumye bamwe  mu baturage barwara impiswi ubu abagera kuri 18 bakaba bamaze kunyura ku kigonderabuzima cya Islamic Bugarama.

Abaturage twasanze ku kigo nderabuzima cya Islamic Bugarama  kuwa 13/07/2015, barimo Uwabato Theodosia bavuga ko bazahajwe n’indwara zikomoka ku mazi mabi bakoresha zirimo inzoka , kuruka no guhitwa kuri bamwe nyuma y’ibura ry’amazi.

Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Islamic Bugarama Nyirahabineza Jalia, avuga ko kugeza ubu bamaze kwakira abagera kuri 18 baje kwivuza uburwayi bw’impiswi aho yemeza ko bifitanye isano n’amazi mabi aba baturage bakoresha.

Rusizi: ibura ry’amazi, ingaruka zo kurwara impiswi

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bugarama Rukazambuga Giribert, avuga ko hashize iminsi uyu murenge udafite amazi meza bitewe n’uko imiyoboro iyazana yari yarangiritse ariko kubufatanye n’ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC ngo basannye iyo miyoboro. Kuri ubu amazi meza yongeye kuboneka.

Gusa uyu muyobozi ntiyemeza ko indwara y’impiswi yatewe n’ibura ry’amazi kuko ngo bikiri gukorerwa ubushakashatsi muri raboratwari.

Imiyoboro izana amazi yari yarangirijwe n’ikorwa ry’umuhanda Bugarama Cimerwa, ibikoresho by’abashinwa byangije iyo miyoboro yakwirakwizaga amazi meza abatuye Bugarama bakoresha.

Ngoma: Barataka ubwiyongere bukabije bw’indwara ya marariya

$
0
0

ngoma district

Abatuye imirenge yegereye ibishanga n’ibifunzo mu karere ka Ngoma barataka ko bongeye kwibasirwa bidasanzwe n’indwara ya marariya muri iyi minsi.

Nubwo nta mibare y’ubwiyongere bwa marariya muri aka karere muri iki gihe yabashije kugaragazwa ubwo twakoraga iyi nkuru,bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mutendeli bemeza ko ubwiyongere bw’abarwayi kuri iyi ndwara budasanzwe muri iyi minsi.

Mutoni Adelitine utuye mu murenge wa Mutendeli,avuga ko mu baturanyi  be mu mudugudu abarwayi ba marariya ari benshi,bamwe bari kumiti bayibasanzemo mu gihe abandi bafite ibimenyetso byayo.

Nawe ubwe avuga ko yamugezeho ndetse n’umwana we yonsa ariko ubu bameze neza nyuma yo gufata imiti bahawe na muganga.

Yagize ati”Hari marariya ziteye ubwoba pe!Mu mudugudu no kwa muganga Mutendeli iyo uhageze usanga ari ikibazo.Umuntu arajya kwivuza mugitondo akagaruka nijoro kubera abarwayi benshi. Turibaza niba ari super-net zashizemo umuti ntitubizi.”

Bikorimana utuye,Mutendeli avuga ko mu mudugudu iwabo bibasiwe na marariya kuburyo budasanzwe yabaye icyorezo. Gusa yemera ko hari ubwo bibagirwa kumanura inzitiramubu ku buriri ku mugoroba bageramo bakumva yinjiyemo.

Yagize ati”Marariya yo irakaze kwa muganga birakomeye no mu midugudu iwacu. Hari ubwo wibagirwa gato kumanura inzitiramibu ku mugoroba,wajya kuryama ukumva iratuma imbere yinjiye mu nzitiramubu.”

Ministeri y’ubuzima itangaza ko kwiyongera kwa marariya muri aya mezi y’imvura  biterwa nuko imibu irimo n’iyitera marariya,iba yororoka cyane.

Binyuze mu ijwi ry’umuvugizi w’iyi minisiteri Dr Mugume Narthan,avuga ko kurwara marariya  ufite inzitiramubu ari uburangare kuko ntamuntu ukoresha inzitiramubu neza wafatwa na Maraliya.

Yagize ati”Ntago bishoboka ntanubwo byigeze bibaho ko umuntu waraye mu nzitiramubu arwara marariya.Ni byabindi tuvuga ngo abantu bagirire isuku aho batuye,bateme ibihuru nahandi hakororekera imibu kuko iyo atabikoze ushobora guhura n’umubu hanze ukamuruma utera marariya.”

Mu mwaka ushize wa 2014 warangiye abagera kuri miliyoni imwe,ibihumbi 598 na 98 bagaragaweho na marariya nkuko bitangazwa na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda.

 

Gatsibo: Barasabwa kongera imbaraga mu kurwanya malariya

$
0
0

6

Igishanga cya Karogora gihinzemo ibigori bivuqwa ko aricyo ntandaro yo kwiyongera kwa malariya

Abaturage bivuriza ku kigonderabuzima cya Kageyo kiri mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gatsibo, barakangurirwa gukaza ingamba birinda malaria.

Ibyo aba baturage barabisabwa mu gihe ubuyobozi bw’icyo kigo nderabuzima bwemeza ko mu barwayi bakigana muri iyi minsi biganjemo abarwayi ba malaria, ngo imibare y’abarwaye malaria ikaba yaratangiye kugenda izamuka kuva mu kwezi kwa Kanama.

Muhizi Francois ni umwe mu baturage twasanze ku kigo nderabuzima cya Kageyo kuri uyu 3 Ukuboza 2015, nubwo avuga ko atigeze arwaraho malariya mu buzima bwe, ibizamini yatanze bigaragaza ko arwaye malaria, ku bwe akaba yumva biterwa no kuba aturiye igishanga cya Karogora gihingwamo ibigori.

Yagize ati:” Kuva mvutse nibwo bwa mbere ndwaye malariya, iyo igihe cy’ihinga kigeze kiriya gishanga twegeranye cya Karogora usanga imibu yabayemo myinshi, ndacyeka ko ariyo ntandaro yo kuba malariya yiriyongeye muri aka gace.”

Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Kageyo Gatsinzi Francois, yifashishije ingero z’abarwayi babagana nawe yemeza ko imibare y’abarwayi ba Malariya igenda izamuka umunsi ku munsi, ariko ngo bakomeje gukangurira abagana iki cyigo gukaza ingamba zo kuyirwanya.

Ati:” Imibare y’abarwaye malariya kuri iki cyigo yatangiye kuzamuka mu kwezi kwa munani uyu mwaka, nk’umunsi wejo hashize wonyine mu barwayi twasuzumye bari baje kwivuza twasanze 47% bafite malariya, ni ukuvuga ko uko bwije n’uko bucyeye imibare igenda yiyongera.”

Uyu muyobozi akomeza yibutsa abaturage zimwe mu ngamba zatuma batazahazwa na malariya harimo; kwivuriza igihe, kwirinda ibigunda n’ibiziba hafi y’ingo zabo ndetse bakajya bibuka kuryama mu nzitiramibu.

Abaturage barenga ibihumbi 16 nibo bagana iki kigo nderabuzima, bakaba biganjemo abo mu murenge wa kageyo, hakaba n’abakigana baturutse mu murenge wa Remera n’uwa Muhura ihana imbibi n’uwa Kageyo.

Ruhango: Abaturiye Nyabarongo bugarijwe na Malariya kubera imibu

$
0
0
Bahangayikishijwe na malariya

Bahangayikishijwe na malariya

Abaturage baturiye umugezi wa Nyabarongo, baravuga ko muri ibi bihe by’imvura bahora kwa muganga kubera ikibazo cy’imibu ituruka muri uyu mugezi.

Abugarijwe cyane n’iyi malariya baterwa n’imibu ituruka muri Nyabarongo, n’abatuye mu kagari ka Rwesero umurenge wa Kabagali akarere ka Ruhango.

Bavuga ko mu bihe by’imvura nyinshi amazi yuzura mu mugezi wa Nyabarongo, nyuma agasandara akarenga uyu mugezi akajya mu bihuru biwukikije bigatuma imibu iba myinshi, igakwirarakwira mu baturage baturiye uyu mugezi bityo bagahora kwa muganga kubera imibu.

Mukantarama Maria, n’umuturage uturiye Nyabarongo, avuga ko muri ibi bihe by’imvura bibasirwa cyane n’indwara ya Malariya, baterwa n’imibu ituruka muri Nyabarongo.

Uyu muturage avuga ko badafite uburyo bwo kwirinda iyi mibu, kuko inzitiramubu bahawe zamaze gusaza ngo kandi bamwe kubona amafaranga yishyura ubwisungane mu kwivuza bibagora.

Ati “nibu buri kwezi mba ndi kwa muganga narwaye cyangwa natwaye umwana, kuko uko wagira kose imibu ntiyabura uko yinjira mu nzu. Inzitaramubu twahawe zarashaje, tugerageza kuzihambiranya ariko bikanga bikaba iby’ubusa”.

Ubuyobozi bw’uyu murenge bwemeza ko iki kibazo gihari koko, bukavuga ko ubu hari gahunda yo kubarura abaturage bahatuye kugirango bahabwe inzitiramubu zimeze neza.

Habimana Sosthene, n’umunyabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge wa Kabagali, agira ati “rwose ikibazo turakizi kuko hari n’abaturage bahawe inzitiramubu zidafite imiti. Gusa ubu abayobozi b’ibigo nderabuzima bibiri bikorera muri uyu murenge, turimo gufatanya nabo ngo tubarure abaturage bakeneye inzitiramubu tuzibashyikirize”.

Aba baturage bakifuza kandi ko ku nyengero z’uyu mugezi wa Nyabarongo hashyirwa imbaraga mu kuhatunganya, kugirango imibu ijye ibura aho yihisha mu bihe by’imvura.

 

Nyanza: Ikibazo cy’ubwiyongere bwa Malariya cyongeye guhagurutsa ubuyobozi 

$
0
0

 

Hatewe umuti urwanya malariya

Hatewe umuti urwanya malariya

Indwara ya Malariya imaze guhitana abantu 45 muri 2015 kandi ikaba ikomeje kwiyongera mu karere ka Nyanza yongeye guhagurutsa abayobozi.

Ni nyuma y’uko iki kibazo cya Malariya kivuzwe mu nama ya 13 y’umushyikirano ndetse n’inama y’Abaminisitiri yo kuwa 16 Ukuboza 2015 igasuzuma iby’iki kibazo cy’ubwiyongere bwa Malariya mu gihugu n’akarere ka Nyanza karimo.

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2015 mu karere ka Nyanza hateraniye inama yahuriyemo inzego zose zirebwa n’iby’ubuzima yiga by’ukwihariko ku bwiyongere bw’indwara ya Malariya imaze kugira n’ubuzima bw’abantu ihitana.

Umuyobozi w’ibitaro bya nyanza Dr Kagabo Leon

Umuyobozi w’ibitaro bya nyanza Dr Kagabo Leon

Imibare yatanzwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza yerekanye ko abantu bari ku gipimo cya 51 % bagannye ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Nyanza basanzwemo uburwayi bwa Malariya muri bo abantu 45 muri uyu mwaka wa 2015 imaze kubahitana muri aka karere.

Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyanza Kambayire Appoline yatangaje ko n’ubwo mu mezi make ashize mu mirenge ya Nyanza hatewemo imiti yica imibu itera malariya indi yasigaye malariya yahise yiyongera.

Mu nzitiramibu nazo zitangwa na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda nta musaruro zitanga ari nacyo cyatumye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza busaba ko habaho ubushakashatsi mu kugaragaza niba izitangwa zikoreshwa neza.

Uyu muyobozi yagize ati “Dufite imbogamizi y’ibishanga mugace k’amayaga, bituma imibu ihora yororoka”.

Yakomeje avuga ko zimwe mu mbigamizi zihari ari uko Akarere ka Nyanza gaheretse guterwamo imiti mu gace k’amayaga gusa mu gace katatewe malariya ikiyongeramo cyane.

Aganira na Kigali Today yagize ati “Birashoboka ko imibu yaba yaravuye mugace katewemo imiti ikajya mukataratewe”.

Muri iyi nama abaturage bo mu karere ka Nyanza hemejwe ko binyuze mu bukangurambaga bagiye gusabwa  gukomeza kurwanya malariya hakoresheje uburyo busanzwe bwo kuryama mu nzitiramibu ndetse no gutema ibihuru bikikije ingo zabo mu gihe hakigwa ku bundi buryo bushya bwo kuyihashya.

 

Gakenke: Aboza amenyo n’abantu basa nkaho bifashije

$
0
0
Abaturage basabwe kugira isuku y’amenyo

Abaturage basabwe kugira isuku y’amenyo

Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko batajya boza amenyo kuko bikora abifashije cyangwa se abasirimu.

Ubusanzwe ngo barabyuka bagakaraba mu maso ubundi bakanyuza amazi mu kanwa bagacira ababishoboye bagashiramo n’isabune ubundi bagakomeza gahunda zabo z’umunsi.

Icyo abaturage bahurizaho nuko bazi ko isuku y’amenyo ari ngombwa kuko ifasha kurinda amenyo kwangiraka, gusa ariko zimwe mu mpamvu batanga zituma badakora isuku y’amenyo nuko uretse abavuga ko badafite amikoro yo kwigurira uburoso n’umuti w’amenyo hari n’abavuga ko batigeze babikoraho kuva babayeho kuburyo bumva nta ntimpamvu yabyo.

Habiyakare Daniel wo mu murenge wa Rushashi, avuga ko hari abantu benshi batita kubijyanye n’isuku y’amenyo kuburyo ababikora ari abifashije.

Ati “usanga nk’inahangaha abantu bakunda kugerageza, n’abantu twavuga ko bafite uko bifashije, kuba hari uburyo amaze gutera imbere muburyo bwo kugira isuku mu kwiyambika no kuba murugo yifashije, ariko nk’abantu bageze muzabukuru usanga bakoresha uduti ubundi ugasanga amenyo yahindutse amamesa”.

Nyiransabimana Jacqueline wo mu murenge wa Nemba, Ati “ufite ubushobozi wayoza, nonese wayogesha iki nta mafaranga? Ufite amafaranga agura ubwo buroso na Colgate akayoza, naho utayafite n’ugucishamo amazi waba ufite nk’ukuntu urabona agasabune ukogesha kuko isabune kuyigura uba ugirango uyoge n’umubiri ariko Colgate ntiwayoga”

Uwisanze Irena umuganga w’amenyo mu bitaro bya Nemba, avuga ko kwoza amenyo ari ngombwa  kuko ariwo muti wa mbere w’indwara zo mu kanwa.

Ati “kwoza amenyo ni ngombwa cyane, kuko ninawo muti wa mbere w’indwara zo mu kanwa, kuko iyo utagiriye isuku mu kanwa hari indwara nyinshi cyane ziterwa n’isuku nkeya, akaba ariyo mpamvu dushishikariza buri muntu kugira isuku mu kanwa nkuko bakaraba ku mubiri”.

Abaturage barashishikarizwa kwoza amenyo buri uko barangije kurya, kandi bagakoresha uburoso n’umuti byabigenewe kuko kutabikora bibaviramo indwara ziganisha ku kuyakuramo.

Abantu basaga 40 nibo buri munsi baza kwivuza amenyo ku bitaro bya Nemba kandi abenshi bakaba bayakurwa.


Ngororero: Barataka ko bugarijwe na Marariya

$
0
0
Ngororero: Barataka ko bugarijwe na Marariya

Urugomero rwa Nyabarongo ruvugwaho kuba indiri y’imibu

Abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko muri iki gihe marariya yabaye nyinshi bagahora bivuza bikabatwara igihe n’amafaranga.

Hari abaturage benshi bavuga ko impamvu nyamukuru ari uko batakiryama mu nzitiramubu kuko izo bari bafite zashaje ntibabone izindi. Nyiramana tereziya avuga ko bakeneye aho bazikura kabone n’ubwo bazigurira.

Nyiramana agira ati “ njyewe mpora kwa muganga iyo atari njye urwaye aba ari Umwana cyangwa tukarwara twembi. Dore nkubu iminsi mikuru sinayizihije kuko nari mu bitaro. Sinshobora kurenza amezi 2 ntagiye kwa muganga kandi bansangamo marariya”.

Ngororero: Barataka ko bugarijwe na Marariya

Urugomero rwa Nyabarongo ruvugwaho kuba indiri y’imibu

Kimwe na bagenzi be, bavuga ko bakeneye aho bakura inzitiramibu kuko malariya ikomeza kwiyongera. Imibare dukesha umuyobozi w’ubuzima mu karere ka Ngororero Muganza JMV, igaragaza ko umwaka wa 2014 warangiye marariya yari ku gipimo cya 38,5%, muri 2015 ikagera kuri 56,5% naho muri aya mezi 2 ya 2016 ikaba iri kuri 53.7%.

Kanyeganza Emmanuel, umukozi ushinzwe gukurirkirana ibikorwa by’ubuzima mu karere ka Ngororero avuga ko hari impamvu basanga marariya ikomeje kwiyongera. Ati “icya mbere ni uko nta nzitiramibu abaturage bafite kuko ntazo minisiteri iraduha. Ikindi dutekereza ko cyongera marariya ni urugomero rwa Nyabarongo, kuko amazi atakigenda akareka maze imibu ikabona aho yororokera ».

Kanyeganza avuga ko imirenge yugarijwe na marariya kurusha indi ari iyegereye urugomero rwa Nyabarongo. Imibare igaragaza ko umurenge wa Ndaro ariwo uza imbere na 85,8%, ugakurikirwa n’imirenge ya Matyazo na Nyange nayo ikora kuri urwo rugomero.

Hari amakuru dukesha umwe mu bayobozi mu murenge wa Nyange avuga ko mu mpera za 2015, hari abaturage bo mu tugari 2 tw’uwo murenge bahunze imibu bakimukira mu tundi tugari.

Avuga ko barimo kuvugana na minisiteri y’ubuzima ku cyakorwa ngo abaturiye urugomero bafashwe kwirinda marariya, kandi ngo bahawe ikizere n’iyo minisiteri ko muri Mata 2016 bazaba barahawe inzitiramibu.

Viewing all 29 articles
Browse latest View live